× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

US: Pastor Bryan Dunagan yitabye Imana bitunguranye, abakristo bahinda umushyitsi

Category: Pastors  »  October 2023 »  Alice Uwiduhaye

US: Pastor Bryan Dunagan yitabye Imana bitunguranye, abakristo bahinda umushyitsi

Abayoboke b’itorero rya Highland Park Presbyterian i Dallas bababajwe no kubura Pasiteri wabo Bryan Dunagan wapfuye mu buryo butunguranye dore ko atari arwaye rwose.

Ntibisanzwe Pasiteri w’itorero rya Highland Park Presbyterian yasinziriye agenderako

Dunagan w’imyaka 44 wabaye umushumba mukuru w’itorero rigizwe n’abantu 5.500 kuva afite imyaka 34, yitabye Imana ubwo yari aryamye asinziriye mu gitondo cya kare. lryo torero ryatangaje ku mugaragaro ku rubuga rwa Facebook nyuma yo kubimenyesha abanyetorero binyuze kuri imeri.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Pasiteri Jay Lee, ryagize riti: "Aya makuru yatumye duhinda umushyitsi, kandi turwana no guhangana n’iki gihombo gikomeye." Yakomeje agira ati: "Iyo tutazi icyo gukora, twigishwa guhindukirira Imana no gusenga".

Kuri uyu wa kane guhera mu masaha ya saa kumi n’ebyiri itorero rya nyakwigendera ryakoze ibirori kugeza saa moya z’umugoroba mu rwego rwo kwibuka Dunagan usize umugore we Ali, n’abana babo batatu. Lee yaranditse ati: "Muri iki gitondo, nta magambo dufite ashobora kugaragaza ibyiyumvo byacu.

Itorero ryagize riti: "Dunagan yari umuhanga mu gushyikirana, ni umuyobozi w’umugaragu wicisha bugufi, asize umurage wo gusangira urukundo rwa Kristo mu buzima bwe bwose no mu murimo we. Ishyaka rye ryahinduye ubuzima no kwereka abantu bo mu bihe byose gushakisha no gukurikira Yesu.

Yibanze ku kwamamaza ubutumwa bwiza, guhindura abantu abigishwa, gusenga, no gushinga amatorero y’abaturage (Peak Street Church, Grace Church Lake Highlands, na Shepherd Oak Cliff).

Itorero ryashyizeho kandi amagambo yavuzwe na Dunagan mu 2021, wagize ati: "Rimwe na rimwe iyo nta magambo yo kuvuga, iyo nta bisubizo, cyangwa imirongo yo gusubiramo, rimwe na rimwe ihumure dufite ni ugusangira muri twe imibabaro. "

Mu mwaka wa 2014, ubwo itorero ryatoraga guhagarika ubufatanye na PCUSA kubera itandukaniro rya tewolojiya, abayoboke nabo bahisemo Dunagan nk’umushumba wabo mushya. Muri icyo gihe, Dunagan, kavukire wa Texan, yavuze ko "yicishijwe bugufi kandi ashimira" kubona uyu mwanya.

Dunagan yaranditse ati: "Ntegereje kuzaba umwe mu bagize ECO. Binyuze mu ruhare rwanjye muri Fellowship of Presbyterians, namaze kugirana umubano muri iri dini rishya. Nzi ko HPPC izahamagarirwa gutanga ubuyobozi muri uyu mutwe w’amatorero, kandi nshimishijwe no kongera kwibanda ku nshingano Imana ifitiye itorero."

Pastor Dunagan yitabye Imana mu buryo butunguranye

Pastor Dunagan yasize umugore n’abana

Source: Christian Post

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.