× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Sanze Eleda yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi anatanga ihumure mu ndirimbo yise ’Ihorere Rwanda’

Category: Artists  »  April 2023 »  Ev. Frodouard Uwifashije [Obededomu]

Sanze Eleda yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi anatanga ihumure mu ndirimbo yise 'Ihorere Rwanda'

"Ihorere Rwanda, Imana yakwibutse, yaguhinduriye amateka, dusubizwa icyizere cyo kubaho, turiho humura, ntibizongera." Sanze Eleda mu ndirimbo nshya yise ’Ihorere Rwanda’.

Eleda yumvikana muri ’Ihorere Rwanda’, ashima Imana yakuye u Rwanda mu mwijima ukabije, ikerekana gukomera kwayo, abari bihebye, ubu bakaba bashinganye. Ni indirimbo igaragaramo amashusho ye ubwo yari yagiye gusura urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kesho.

Mu kiganiro yagiranye na Paradise.rw, Sanze Eleda ubarizwa mu Itorero ry’Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi rya Gisozi, yatanze ubutumwa ku banyarwanda muri ibi bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abasaba gukomera ntibaheranwe n’ibihe.

Aragira ati "Ubutumwa natanga ni uko kuri yi nshuro ya 29 twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi tudakwiriye guheranwa n’ibihe, ahubwo dukomere, dutwaze, dukore kandi turusheho gusabira igihugu cyacu n’abagituye. TWIBUKE TWIYUBAKA".

Sanze Eleda azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo "Irumva", "Umugoroba", "Nahuye na Yesu", "Ibisharira" n’izindi. Yigeze kubwira Paradise Tv ko akunda cyane indirimbo za Alpha Rwirangira. Ijambo ry’ubwenge agenderaho ni irivuga ngo ’Igitonyanga ntigitobora urutare ku bw’imbaraga gifite ahubwo gihozaho, ntugacike intege’.

Sanze Eleda yifatanyije n’abanyarwanda kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Sanze Eleda yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi

Sanze Eleda yakoze indirimbo y’ihumure yise Ihorere Rwanda

NGIYI INDIRIMBO NSHYA ’IHORERE RWANDA’ YA SANZE ELEDA

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Indirimbo ze ziratunyura Kandi zirimo inyigisho nyinshi,

Cyanditswe na: Grâce   »   Kuwa 10/04/2023 15:05