Rose Muhando ni umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana (gospel) akaba yaravukiye muri Tanzaniya ari naho atuye. Yamamaye muri muzika nyafurika y’uburasirazuba kubera ubuhanzi bwe.
Yasohoye alubumu nyinshi kandi akorana na bamwe mu bahanzi bakomeye bo mu karere. Umuziki we ukunze kuba mwiza kandi ushishikariza abawumva kubyina bakibagirwa agahinda bafite.
Rose Muhando yavutse 1963, muri Tanzaniya. Yarerewe mu mujyi wa Dar es Salaam, aho yatangiriye kuririmba akiri muto.
Igihe yari akiri umwangavu, yakoraga ibitaramo mu nsengero ari kumwe n’abandi baramyi, ndetse akajya no kuririmbira ku bibuga bikikije umujyi wa Dar Es Salaam.
Ubuhanga bwe bumaze gutera imbere, yatangiye kumenyekana kubera impano ye yo kuririmba. Mu ntangiriro ya 2000, Muhando yasohoye alubumu ye ya mbere, Mwambieni Mwenzio, yahise yamamara muri Tanzaniya ndetse no muri Afurika y’Iburasirazuba.
Mu rugendo rwe rw’ubuhanzi, yakoze ibikorwa byinshi kandi usibye kuririmba wenyine, yanakoranye n’abahanzi nka Bahati Bukuku na Reuben Kigame mu ndirimbo zitandukanye.
Rose Muhando yahawe ibihembo byinshi ku bikorwa bye byo kuririmba mu myaka yashize, harimo ibihembo byinshi bya muzika nyafurika y’uburasirazuba by’umuhanzi w’umugore mwiza na Album nziza.
Yahawe kandi igihembo n’uwahoze ari Perezida wa Tanzaniya, Jakaya Kikwete mu 2012 kubera uruhare yagize mu nganda z’umuziki muri iki gihugu.
Rose Muhando afite abana bane kandi ubu atuye i Dar es Salaam. Gusa ntabwo abana n’umugabo. Akunda gutembera iyo afite umwanya ari nta kazi afite kandi akenshi asura ibihugu byo muri Afrika y’uburasirazuba mu rwego rwo gucuruza umuziki we no mu bitaramo.
Ni umwe mu bahanzi batahwemye gukora indirimbo zihimbaza zikanaramya Imana kandi na n’ubu aracyakomeje kuzikora. Ntawashidikanya ko ari umwe mu bahanzi b’Afurika y’Iburasirazuba bafite ibigwi n’amateka atazapfa gushyikirwa na buri wese.
Ku rubuga rwe rwa YouTube akurikirwa n’abarenga miliyoni n’ibihumbi ijana (1.1M subscribers) n’inshuro zirenga miliyoni 125 abantu bamaze bareba ibihangano bye.
Rose Muhando afite izina rikomeye mu muziki wa Gospel mu Karere