× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Nigeria: Abakiristu bakomeje kwicwa bazira ukwemera kwabo - Hakenewe inkunga y’amasengesho

Category: Amakuru  »  April 2023 »  KEFA Jacques

Nigeria: Abakiristu bakomeje kwicwa bazira ukwemera kwabo - Hakenewe inkunga y'amasengesho

Abarwanyi bo mu bwoko bwaba Fulani n’izindi nyeshyamba, bishe abakirisitu bagera kuri mirongo itatu na batatu mu gace ka Kaduna muri Nigeria.

Kuwa Gatandatu ushize ahagana mu ma saa yine z’ijoro mu gace kitwa Zangon Kataf village, mu mududgudu witwa Runji ugizwe n’abakirisitu benshi, abarwanyi b’aba Fulani n’inyeshyamba biraye mu baturange nuko barabica.

Mugu Zakka bako, umuturage uhaturiye yaganirije umunyamakuru wa The Christian Today ati "Ndakwinginze, turi ku cyumweru hirabura abo barwanyi n’izo nyeshyamba bishe abakirisitu bagera kuri 30".

Mu makuru yatangajwe na Reverend Pasteri Jacob Kwashi, akaba Musenyeri wa Diyoseze ya Anglican ya Zonkwa muri Leta ya Kaduna, yavuze ati "Mu myaka irindwi n’igice ishize twe abatuye mu Majyepfo ya Kaduna twagiye duterwa na sekibi kenshi kugeza ubu ntituzi n’iryari bizahagarara".

Arongera ati; "Ni ukuri nibigaragara ko leta ya Kaduna, yewe na leta ya Nigeria yose babishatse bahagarika aba bagizi ba nabi ariko ikibazo ni ese biteguye kubikora, ese bafite umutimanama ubasunikira kubikora?".

Rev Pasitor Bauta Motty, umwe mu bahoze ari abayobozi muri Anglican muri Kaduna avuga ko ibi bikomeje kuba kandi kenshi aho abaturiye icyaro cya Runji muri Kaduna, iki cyari icyumweru cya gatatu, kuko bari baherutse kuhatera. Icyo gitero kikaba cyarakomerekeje benshi, n’ingo zigera kuri mirongo ine zikaba zaratwitswe.

Yongeraho ko iminsi ine yari yabanjirije icyo gitero abakirisitu bagera kuri babiri bishwe kandi n’abandi bagera kuri 17 barishwe mu cyaro cya Njei.

Mu mwaka wa 2022 Nigeria yari iyoboye urutonde rw’ibihugu aho abakirisitu bicwa cyane aho abagera ku 5014 bishwe dukurikije raporo yashyizwe hanze na "Open Doors 2023 World World List", kandi abagera ku 4726 barashimuswe banakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Gusa muri 2023, Nigeria yari yaravuye ku mwanya wa mbere aho yageze ku mwanya wa gatandatu nubwo n’ubundi ibikorwa by’ubugizi bwa nabi byakomeje kuhagaragara.

Abayobozi b’amaterero ya gikirisitu muri Nigeriya bavuga ko ubu bwicanyi ahenshi buterwa nuko aba bagizi ba nabi baba bashaka kugira aba bakiristu aba Islam ku ngufu, bakwanga bakabica kugira ngo bafatire ubutaka bwabo.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.