Muri Leta ya New Jersey umupasteri yarasiwe iwe mu rugo n’umugore, ndetse ubu ari kwa muganga ameze nabi.
Hakurikijwe uko video yafashwe na camera zikoreshwa mu kurinda umutekano, bigaragara ko uwarashe uyu mupasteri ari umugore, Polisi ikaba iri guhigira hasi no hejuru, uwarashe ndetse n’umufatanyacyaha muri ubwo bugizi bwa nabi.
Pasiteri warashwe yitwa Timothy Huff akaba ari uwo mu rurusengero rwitwa Green Pasture Missionary Baptist church. Yarashwe mu gituza nk’uko byatangajwe na CBS New York.
Ibi bijya kuba uyu mupasteri yari ari guhamagara polisi ayibwira ko hari abagore bakiri bato bari kubasagarira ku modoka y’umuhungu wabo kandi bakaba bari no kubatera ubwoba.
Mu ma saa munani ni bwo iri raswa ryabaye, umugore w’uyu mupasteri akaba yarahise afata telephone aganira na polisi ayibwira ibibaye.
Nk’uko byatangajwe n’umuhungu w’uyu mupasiteri yavuze ko bamaze kubona ko bagiye kubarasaho, se yahise akingira umugore we amasasu, aba ariwe afata mu gatuza.
Amakuru avuga ko batatabariwe ku gihe kuko bahamagaye ubutabazi bw’ibanze hagashira iminota 15 ntawurabageraho.
Ibi byakururiye uyu mupasteri kuremba kuko isume bamushyize mu gatuza ngo igabanye amaraso yavaga, yaratose iruzura kugeza ubwo acitse intege, byaje no kumuviramo kujya muri koma, nkuko byatangajwe n’umuhungu we Hudson Huff.
Dukurikije ibyasakaye kuri video twababwiye yafashwe na camera z’umutekano, igaragaza abagore babiri bakiri bato begera urugo rw’uyu mupasteri maze umwe akuramo imbunda atangira kubarekuriraho urufaya rw’amasasu.
Nuko bagiye babibitangaza uyu mupasteri Timothy Huff yari afite umuryango munini ugizwe n’abana umunani ndetse n’abazukuru 18. Nk’uko byatangajwe n’umwe mu banyamuryango witwa Dante Hudson yagize ati; "Yafashije buri umwe sinzi umuntu n’umwe yaba atarafashije. Sinibazaga ukuntu yagirirwa nabi".
Uyu mupasteri kugeza ubu ubuzima bwe buri mu kaga akaba yarahise akurwamo impyiko nyuma yo kuva amaraso menshi kuko zahise zinanirwa gukora. Aho ari ubu ari muri koma ariko ibindi byangombwa byo kumutabara kugira ngo abeho byakozwe n’abaganga.