× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Light Angles bashyize hanze indirimbo nziza cyane bise "Icyampa"

Category: Choirs  »  August 2024 »  Alice Uwiduhaye

Light Angles bashyize hanze indirimbo nziza cyane bise "Icyampa"

Light Angles ni itsinda ry’abaririmbyi rigizwe n’abantu 13, rikaba rikorera mu karere ka Huye ahazwi nk’ i Butare.

Light Angles ni itsinda ry’Abaramyi ribarizwa i Huye ahazwi nk’i Butare mu ntara y’Amajyepfo. Rikorera ahantu hose kuko nta dini cyangwa itorero rishingiyeho ariko aho bakunda gukorera ni i Huye kubera ko abanyamuryango benshi ari ho babarizwa.

Light Angels yatangiye Gicurasi 2023 itangirira ku ishuri rya ES Kigoma ari naho haturutse abanyamuryango benshi bagize Light Angels.

Baherutse gusohora indirimbo nziza cyane bise "Icyampa", ikaba iya kabiri mu ndirimbo iri tsinda rimaze gushyira hanze. lndirimbo ya mbere yitwa "Arabishoboye", iya kabiri ari nayo bashyize hanze yitwa "Icyampa".

Mu kiganiro na Paradise, umwe mu bagize iri tsinda yagize ati: "Intego yacu ni ukwamamaza ubutumwa bwiza binyuze mu ndirimbo kugera ahantu kure hashoboka kuri iyi si."

Yakomeje agira ati: "Uretse kuririmba duteganya ibindi bikorwa nubwo tutaragira ubushobozi buhagije, twifuza kuzajya dufashanya hagati yacu mu bijyanye no kwiteza imbere ndetse no gufasha abandi cyane cyane abatishoboye.

Light Angels igizwe n’abasore bakiri bato biyemeje gukorera lmana

Ryoherwa n’indirimbo nzizaya Light Angels

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Ibitekerezo Byatanzwe

Nibyiza ko urubyiruko rukorera hamwe rugahimbaza Imana rwose ndabashyigikiye

Cyanditswe na: Mr.Kelly  »   Kuwa 08/08/2024 07:36

In jesus name,all will alright

Cyanditswe na: felix dyllan  »   Kuwa 08/08/2024 07:15