× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

John Buntu yasohoye indirimbo "Ku Ngoma" ikangurira abantu kwizera ubwami bw’Imana

Category: Artists  »  12 hours ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

John Buntu yasohoye indirimbo "Ku Ngoma" ikangurira abantu kwizera ubwami bw'Imana

Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana John Buntu yashyize hanze indirimbo nshya yise "Ku Ngoma", ivuga ku bwami bw’Imana n’ubutware bwayo budashira, ashimangira ko buri wese akwiriye kubaho yiringiye Umwami uhoraho

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, John Buntu yavuze ko igitekerezo cyo kwandika iyi ndirimbo cyaturutse ku buryo yatekereje ku butware bw’Imana, asanga ari ubwami budashobora kunyeganyezwa kandi buganje ku bantu bose.

Yagize ati: "Natekereje ku ngoma turiho y’Umwami wacu twese abatuye isi. Ntekereza uburyo ari ingoma nziza kandi izahoraho ibihe byose. Ni ho havuye igitekerezo cyo kwandika iyi ndirimbo."

Uyu muhanzi yavuze ko "Ku Ngoma" atari indirimbo yandikiwe itsinda runaka ry’abantu, ahubwo ko ubutumwa buyikubiyemo bugenewe buri wese ushaka gukomeza kwizera no kugendera mu bushake bw’Imana.

Yasabye abakunzi b’umuziki wa Gospel kwakira neza iyi ndirimbo no kuyisangiza abandi, agaragaza ko yifuza ko ubutumwa bwayo bugera kure bushobore guhumuriza no gukomeza imitima ya benshi.

Mu gutunganya iyi ndirimbo, John Buntu yakoranye na Producer Popi, avuga ko ubunararibonye bwe bwagize uruhare mu gutuma isohoka iri ku rwego rwiza.

"Ku Ngoma" ije yiyongera ku zindi ndirimbo z’uyu muhanzi zirimo "Ibihamya", mu gihe avuga ko akomeje gukora ku yindi mishinga mishya azagenda ageza ku bakunzi b’umuziki wa Gospel.

Indirimbo "Ku Ngoma" yamaze kujya hanze. Yirebe kuri YouTube

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.