Mu minsi ishize, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Donald Trump yagarutsweho cyane nyuma yo gusangiza ku mbuga nkoranyambaga ifoto yakozwe hifashishijwe ubwenge bw’ubukorano (AI) imugaragaza yambaye nka Yesu.
Iyi foto yakomeje guteza impaka, aho bamwe bayifashe nko gusuzugura ukwemera kwa gikristo, bayita “gutesha agaciro ibya roho” (blasphemy), mu gihe we yavuze ko yabonaga ari nk’umuganga uri gufasha umurwayi. Gusa, nyuma yaje guhita ayisiba ku mbuga nkoranyambaga ze.
Icyakora, si ubwa mbere umunyapolitiki yari agereranyijwe na Yesu Kristo cyangwa Umukiza. Mu bihe byashize, uwahoze ari Perezida wa Amerika Barack Obama na we yagiye agaragazwa kenshi nk’umuntu ufite isura isa n’iya Kristo, cyane cyane mu gihe cyo kwiyamamaza kwe mu 2008 no mu gihe cy’ubutegetsi bwe.
Muri ibyo bihe, nk’uko Ikinyamakuru Christian Post kibitangaza, hari amagambo n’amashusho byagiye bimuvugwaho mu buryo bwateje impaka. Umunyamakuru w’icyamamare Barbara Walters yigeze kubivugaho mu kiganiro, agira ati: “Twibwiraga ko azaba nk’Umukiza mushya,” amagambo agaragaza uko bamwe mu baturage bari bafite icyizere gikomeye ku buyobozi bwe.
Hari n’aho bamwe mu bamushyigikiraga bamugaragazaga mu mashusho asa n’ay’ibyanditswe muri Bibiliya, cyane cyane mu gice cy’Isezerano Rishya (New Testament), ibintu byatumye bamwe bavuga ko hari aho byarenze urugero mu kumushyira ku rwego rw’umuntu wera.
Abasesenguzi bavuga ko ibi bigaragaza uko politiki ivangwa n’amarangamutima y’idini, aho abayobozi bafatwa nk’abantu bafite ubushobozi burenze ubusanzwe. Ibi bishobora gutuma bamwe babashyira ku rwego rwo hejuru cyane, bigatera impaka ku mipaka iri hagati y’ubuyobozi bwa politiki n’iyobokamana.
Nubwo hari ababonamo icyizere n’icyubahiro, abandi bagaragaza ko kugereranya abayobozi b’isi na Yesu Kristo bishobora gutesha agaciro inyigisho z’iyobokamana, kuko Yesu afatwa nk’umwihariko udasimburwa mu kwizera kwa gikristo.
Yaba ari kuri Donald Trump cyangwa Barack Obama, igihe umunyapolitiki agereranyijwe n’umuntu wera nka Yesu, bitera impaka zikomeye mu baturage.