× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Abantu barenga 4,000 bemeye gukurikira Yesu mu gikorwa cy’ivugabutumwa cyabereye muri Etiyopiya

Category: Ministry  »  5 months ago »  Jean D’Amour Habiyakare (Amourkare)

 Abantu barenga 4,000 bemeye gukurikira Yesu mu gikorwa cy'ivugabutumwa cyabereye muri Etiyopiya

Mu mujyi wa Addis Ababa muri Etiyopiya, habereye igiterane gikomeye cy’ivugabutumwa cyiswe "Encountering God", cyayobowe n’umuvugabutumwa w’Umunyamerika Franklin Graham, umuhungu wa nyakwigendera Billy Graham.

Iki gikorwa cyabaye mu mpera za Werurwe 2025, cyari kigamije kugeza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo ku baturage b’iyo gihugu.

Mu gihe cy’iminsi ibiri gusa, abantu barenga 4,000 bemeye gukurikira Yesu ku mugaragaro, nyuma yaho abandi ibihumbi n’ibihumbi bakomeza kubaza ibibazo n’ibindi birebana no gukizwa.

Graham yavuze ko “Etiyopiya ifite umutima witeguye kumva no kwakira ubutumwa bwiza,” kandi ko ari igihugu gifite urubyiruko rufite inyota yo guhindurwa n’Imana.

Amatorero y’i Addis Ababa, yifatanyije n’itsinda rya Graham, ryagaragaje ko nyuma y’iki gikorwa bateganya amahugurwa yo gukomeza aba bakiriye Yesu kugira ngo bashyigikirwe mu rugendo rwabo rushya mu kwizera.

Abayobozi b’amatorero batandukanye bavuze ko iki giterane cyatanze icyizere ko ububyutse bushya bushobora gutangira muri Etiyopiya, mu gihe ibibazo by’intambara n’inzara bikomeje kubangamira abaturage.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.