× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Yitabiriwe n’ibihugu 9: Hasojwe inama "Global Conference 2023" yamurikiwemo igitabo "Memory Book" cya Tamara Faris

Category: Ministry  »  September 2023 »  Our Reporter

Yitabiriwe n'ibihugu 9: Hasojwe inama "Global Conference 2023" yamurikiwemo igitabo "Memory Book" cya Tamara Faris

Mu Rwanda hasojwe inama y’iminsi itatu yiswe "Global Conference 2023" yamurikiwemo igitabo "Memory Book" cy’umunyamerikakazi witwa Tamara Faris wanyuze mu buzima busharira mu bwana bwe ari naho hashibutse inkuru zanditse muri iki gitabo gitunyura abana kuvuga ibyo bacamo.

Tamara Faris ni umuganga w’Umunyamerika ubu uri mu kiruhuko cy’Izabukuru akaba n’impuguke mu guhangana n’ibibazo by’imitekerereze bikomoka ku gahinda gakabije ndetse n’ubuzima bubi abana bacamo ariko bakabura kivugira ndetse n’uwabumva. Mu kazi yakoze akiri umuganga, yari impuguke kubijyanye n’imitekerereze y’abantu muri rusange (Physcologist).

Mu buhamya bwe Tamara Faris ukunda cyane gufasha abana batafite kivugira, avuga ko yakuze ahura n’ibibazo byinshi, dore ko papa na mama we batandukanye afite imyaka icyenda ariko ibyo bibazo akajya abirenzaho, adashaka ko hari umuntu wamenya ko afite ibibazo.

Uyu munyamerikakazi w’umutima mwiza w’ubugiraneza, avuga ko igihe cyaje kugera akakira Yesu nk’umwami n’umukiza, ariko bya bibazo byose yagiye akurana kuva mu bwana n’ubundi akomeza kubigumana muri we mo imbere adashaka ko ahari umuntu ubimenya.

Yaje koherezwa mu gihugu cya Afurika y’epfo kujya gufasha abana bahuye n’ibibazo binyuranye birimo kurwara SIDA, kubura ababyeyi bakiri bato ndetse no gukurira mu miryango irimo amakimbirane bigatuma bigunga. Aha niho Yesu yaje kumusanga amuhishurira ko atamuzanye mu kazi bisanzwe ahubwo yamuzanye kumwigisha uko azahangana n’ibibazo byugarije abana.

Nyuma yo kubona ibi Tamara Faris yarabohotse maze yandika igitabo yise "Memory Book" gikubiyemo ubuzima yanyuzemo, bityo kikaba gifasha abana bahura n’ibibazo bitandukanye bishingiye ku miryango, gutinyuka nabo bakavuga ibibazo bahura nabyo mu buzima bwa buri munsi. Iki gitabo yakimurikiye mu Rwanda mu nama yitabiriwe n’abaturutse mu bihugu 9.

Umwe mu bitabiriye iyi nama, Akpajeshi Mathews waturutse muri Nigeria, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku munsi wa nyuma w’iyi nama, yemeje ko iki gitabo kimaze gufasha abana benshi muri Afurika nawe arimo ariko kuko yabuze ababyeyi ari akiri muto cyane.

By’umwihariko mu gihe cya COVID 19, abana bahuye n’ibibazo bikomeye, harimo n’ababyariye iwabo nabo ari bato, bafashijwe n’iki gitabo. Yavuze ko iki gitabo cyabafashije kumvisha abo bana ko nabo ari abantu nk’abandi bitaweho, bagira n’umwanya wo kumva inkuru zabo cyane ko benshi babura ababatega amatwi.

Iyi nama ya ”Global Conference 2023” yari igamije kwigisha abantu uko bahangana n’ibibazo by’imitekerereze byugarije abana, ndetse n’umuryango muri rusange mu bihugu byabo. Yitabiriwe n’abo mu bihugu birimo u Rwanda ,D.R.C, Malawi, Nigeria, Uganda, Kenya, Burundi, Tanzania na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yasojwe n’igikorwa cyo gusura ishuri ry’imyuga rya ERM-Hope TVET (Equipping Restoring Multiplying) ryashinzwe na Pastor Kayinamura Sitaki Emmanuel. Iri tsinda ryari riyobowe na Faris Tamara ryasobanuriwe amateka n’imikorere y’iri shuri ry’imyuga ryigwamo n’abana b’imfubyi.

Pastor Kayinamura Sitaki Emmanuel yashinze iri shuri mu gufasha aba bana kuko nawe yakuriye mu buzima bw’ubupfubyi yetewe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Pastor Kayinamura Sitaki Emmanuel, washinze akaba na Perezida w’ishuri ry’imyuga rya ERM-Hope TVET, yatanze Ubuhamya bw’ibyo yanyuzemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Mata 1994, avuga ko abantu batubaha Imana bashobora kugaragaza amarangamutima yabo nk’izindi nyamaswa mbi zose.

Yasobanuye ko mu 1996 ari bwo yagize igitekerezo cyavuyemo iri shuri, ubwo yari asoje amasomo, akabona ukuntu mu gihugu hose abana b’imfubyi n’abapfakazi babayeho mu buzima bubi, yiyemeza kubafasha.

Mu 2008 ni bwo yahise atangiza ishuri ryigisha imyuga rishingiye ku ijambo ry’Imana ariko na none ridaheza umwana aho yaba asengera hose. Yarishinze nyuma yo kubona ko kubambika, kubashakira icumbi no kubagaburira bidahagije, ahubwo akwiye no gutekereza ku cyabagirira umumaro ejo hazaza.

Yavuze ko kandi kuva iri shuri ry’imyuga ryashingwa rimaze kunyurwamo n’abarenga ibihumbi bine, aho 90% bahita babona n’akazi gahoraho mu bigo bajya kwimenyerezamo.

Mu buhamya bwe yavuze ko yakuriye mu Rwanda ndetse ko yaje gutakaza abavandimwe be bose mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, gusa ko yaje kwigiramo isomo rikomeye ryo kubabarira. Ati “Iyo utagira imbabazi uba uri gufunga imiryango myinshi y’ijuru kuko na Yesu adusaba kubabarira.”

Yasoje agaragariza abantu inyungu zo kubabarira aho yavuze ko kubabarira ari ibintu bya ngombwa cyane cyane ku bakristo, bityo ko biri mu bikwiye gutozwa abana bakiri bato. Yavuze kandi ko kubabarira bigarura ubusabane bw’abakristo ndetse ko bifasha mu gusukura roho y’umuntu.

Mu bandi batanze ikiganiro kuri uyu munsi harimo Joan Linda Dodge waturutse muri (U.S.A), aho yigishije abantu yifashishije urugero rw’ikibuye kinini kiba mu mazi kizwi nka Iceberg aho Yavuze ko icyo kibuye iyo ukirebeye hejuru ubona agace gato cyane nyamara igice kinini cyaryo kiba kiri munsi y’amazi.

Madame Dodge yavuze ko no mu miterere y’umuntu ari uko ameze, kuko nawe ibintu byinshi kuri we birahishe ibyo tubona inyuma n’agace gato cyane ariyo mpamvu abantu baba bakwiye kugerageza kumva amarangamutima y’abandi by’umwihariko abana kuko buri muntu aba afite uko yiyumva abitandukanye n’abandi.

Yasoje akoresha abantu umwitozo muto, aho yababwiye kujya mu matsinda y’abantu babiri maze umwe akavuga iminota itatu undi acecetse undi amuteze amatwi, yasoza undi nawe akavuga nawe bamuteze amatwi.

Iyi nama yiswe "Global Conference 2023" ije ari ingirakamaro muri Afurika kuko hitezwe ko inyigisho n’igitabo cyamurikiwemo bigiye guhindura byinshi ku mitekereze y’abana ubwabo, ababyeyi cyangwa ababarera mu kumvisha abana ko nabo ari abantu b’agaciro bakwiye gutinyuka kuvuga ibibazo byabo bagafashwa.

Ubuhamya bwa Tamara Faris bwakoze ku mitima ya benshi

Dustin na Andrea bafatanije mu kuramya Imana abaraho barahembuka

Linda Dodge yifashishije urugero rwa "Balafu" abwira abantu ko n’umuntu bigoye kumumenya kuko ibyo tubona inyuma ari agace gato cyane ugereranije n’umuntu wa nyawe

Pastor Emmanuel Sitaki Kayinamura yabwiye abitabiriye inama ko igikorwa cya mbere cyiza umuntu yakikorera we ubwe ari ukubabarira

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.