× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Umuhanzikazi Anto yateguye igitaramo gikomeye yatumiyemo Bosco Nshuti n’abahanzi b’i Musanze

Category: Artists  »  January 2023 »  Ev. Frodouard Uwifashije [Obededomu]

Umuhanzikazi Anto yateguye igitaramo gikomeye yatumiyemo Bosco Nshuti n'abahanzi b'i Musanze

Kuri iki cyumweru tariki ya 8 Mutarama 2023, i Musanze kuri Restoration church harabera igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana, cyateguwe n’umuhanzikazi Antoinette wamenyekanye nka Anto akaba yaranagitumiyemo abahanzi n’abakozi b’Imana batandukanye.

Bamwe mu batumiwe harimo umuhanzi Bosco Nshuti ukunzwe mu ndirimbo nyinshi zirimo Ibyo Ntunze, Ndumva unyuzuye, Uranyumva, n’izindi. Hatumiwemo kandi n’abahanzi bakorera umurimo w’Imana i Musanze barimo Poly Turikumwe, Vincent, Alexis, Heritage Group n’abandi.

Hatumiwe kandi amatsinda yo kuramya no guhimbaza Imana atandukanye. Hazaba hari abakozi b’Imana barimo Dr.Pastor Faustin, Dr Bishop Pacifique.

Umuhanzikazi Anto wateguye iki gitaramo cyiswe "Arakomeye Live concert", yabwiye Paradise.rw ko yateguye iki gitaramo agamije kuramya no guhimbaza Imana.

Yavuze ko yumva igihe cyari kigeze ngo ataramire Imana n’abantu bayo ngo kuko amaze iminsi akora indirimbo zitandukanye bityo ko igihe kigeze ngo ataramire i Musanze ari na ho yatangiriye umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana.

Iki gitaramo kizatangira saa munani zuzuye kandi kiyoborwe n’umunyamakuru Fidele Gatabazi uzwi cyane mu biganiro by’iyobokamana akaba ari n’umunyamakuru wa Radio na Televiziyo O.

Iki gitaramo cyatumiwemo abakozi b’Imana batandukanye

Anto agiye gukora igitaramo gikomeye kizabera i Musanze

Bosco Nshuti uvuye mu kwa buki azaririmba muri iki gitaramo

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.