× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Nigeria: Ibyihebe byashimuse abakristo babiri n’Umushumba w’itorero rya Evangelical Church Willing All

Category: Pastors  »  September 2023 »  Alice Uwiduhaye

Nigeria: Ibyihebe byashimuse abakristo babiri n'Umushumba w'itorero rya Evangelical Church Willing All

Mu gihugu cya Nijeriya mu mujyi wa Abuja, abantu bitwaje imbunda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu bashimuse Pasiteri n’abandi bakristu babiri bo mu ntara ya Jos y’iburasirazuba mu karere ka Plateau muriki gihugu.

Rev. Usman Umaru wo mu Evangelical Church Willing All yashimuswe ahagana mu ma saa kumi n’imwe n’iminota 40 za mu gitondo (05:40Am) zo kuwa Gatatu ubwo abantu bitwaje imbunda binjiraga mu nyubako y’urusengero rwe rwa ECWA, nk’uko byatangajwe n’umuturage witwa Michael Madaki ubarizwa hafi aho y’urusengero .

Mu butumwa bugufi, Madaki yatangaje yagize ati "Abatwaje imbunda bateye muri aka gace ka Jos y’Iburasirazuba bw’akarere ka Plateau, binjiye mu rusengero rwa ECWA, umudugudu wa Nuku bashimuta Pasiteri Usman Umaru. Madaki yavuze ko abandi bakristu babiri bashimuswe, abo akaba ari Agwom Dauda n’umugore uzwi nka Sara .

Alfred Alabo, umuvugizi wa polisi mu karere ka Plateau, yemeje ishimutwa ry’abakristu batatu avuga ko hari abapolisi boherejwe muri ako gace. Uyu muvugizi wa polisi yagarutse kandi ku bitero byabanjirije iri shimutwa aho abakirisitu batanu muri Jos y’iburasirazuba aho muri Nyakanga, baguye mu bitero byibasiye abaturage ba Zangam na Kayarda mu Karere ka Maigyemu.

Muri abo bishwe harimo Agada Sambo wo mu mudugudu wa Zangam na Azi wa Kayarda. Undi mukirisitu, Luka Izang, yashimuswe ariko arekurwa nyuma yuko umuryango we utanze incungu.

Ndetse no Ku wa 20 Mutarama, umuyobozi w’akarere, Isaac Wakili, yashimuswe mu nzu ye mu gace ka Shere gaherereye mu gace ka Jos y’iburasirazuba mu masaha ya saa tatu za mu gitondo (09:00Am) abashinzwe umutekano nyuma baramutabara.

Raporo ya World Watch List (WWL) ivuga ko Nigeria yayoboye isi mu bakirisitu bishwe bazira ukwemera kwabo muri 2022, yayoboye kandi isi mu bakirisitu (4,726), bashimuswe, basambanywa cyangwa bahohoterwa, bashakanye ku gahato cyangwa abahohotewe ku mubiri cyangwa mu mutwe, kandi yari ifite amazu menshi n’ubucuruzi byibasiwe ku mpamvu zishingiye ku kwizera kwabo.

Nko mu mwaka ushize, Nigeria yagabyweho ibitero bya kabiri mu matorero ndetse bamwe bimurwa mu gihugu. Ni mu gihe za miliyoni nyinshi z’abaturage ba Nigeria, umubare munini ni aba Islam. Akaba ariyo mpamvu abakristo baho bakunze kwibasirwa mu bitero bigamije kubasaba nabo kugendera ku mahame ya kisilamu.

Ku rutonde rwa 2023 kuri raporo y’isi (WWL) aho bigoye cyane kuba umukirisitu, kuko Nigeria yasimbutse ku mwanya wa gatandatu, ikaba iri ku mwanya wa mbere mu bihe byose, kuva ku mwanya wa 7 umwaka ushize.

lbi biterwa n’abarwanyi bo muri Fulani, Boko Haram,mu ntara ya Kisilamu mu Ntara ya Afurika y’Iburengerazuba (ISWAP) n’abandi bagaba ibitero ku miryango y’abakristu, kwica, kumugaza, gufata ku ngufu no gushimuta kubera incungu cyangwa uburetwa bw’imibonano mpuzabitsina. ” Ati: "Muri uyu mwaka kandi hagaragaye ihohoterwa ryinjira mu bakristu benshi biganjemo amajyepfo".

Raporo ya APPG yo mu 2020 igira iti: "Bafashe ingamba zigereranywa na Boko Haram na ISWAP kandi bagaragaza umugambi ugaragara wo kwibasira abakristu n’ibimenyetso bikomeye biranga abakristu."

Abashumba n’abapasiteri muri Nigeria bavuze ko bizera ko ibitero byibasiye imiryango y’abakirisitu muri Nigeria byatewe n’icyifuzo cyabo cyo kwigarurira ku gahato amasambu y’abakristu no gushyiraho Islam kubera ko ubutayu byabagoye gutunga amashyo yabo.

Iri shimutwa ryatumye benshi bibaza byinshi n’icyaba kiri kubitera basa n’abavuga iminsi ya nyuma Pawulo yahanuye, bibuka ku mateka amwe yo muri Bibiliya aho bamwe bafunzwe bazira ubutumwa bwiza.

Muri abo harimo nka Pawulo na Sira ndetse na Yohani batetse mumavuta ndetse nabandi benshi barimo nka Danyeli, Meshake, Saduraka na Bedenego bazizaga ijambo ry’Imana ariko bakomeza kwizera ari na ko buri mukirisitu akeneye kugira ngo aneshe urugamba rw’iy’isi n’umubiri.

Source: Morning Star News

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.