× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Mu Gatsata i Galilaya hagiye kubera ibihe byiza bimanukanye na Holy Nation ya ADEPR Gatenga

Category: Crusades  »  March 2024 »  Alice Uwiduhaye

Mu Gatsata i Galilaya hagiye kubera ibihe byiza bimanukanye na Holy Nation ya ADEPR Gatenga

Kuri uyu wa 09, 10 Werugwe 2024 ni bwo itsinda ry’abanyamuhamagaro ryo kuri ADEPR Gatsata rizakora igiterane cy’iminsi ibiri cyo gushima lmana. Ni igiterane gifite intego igira iti: "Muyishimire iby’imbaraga yakoze, Muyishime nk’uko bikwiriye gukomera kwayo kwinshi" (Zaburi 150:2).

Ku wa Gatandatu ku itariki 09 hazakora amakorali yo kuri iri torero rya Gatsata harimo korali Gatsata, korali Louange, korali Salem, korali Rabagirana ndetse na Future Hope choir Kami. Ku wa Gatandatu kizatangira ku isaha y’i saa saba z’amanywa kugeza saa kumi nebyiri z’umugoroba.

Hanyuma ku cyumweru ku itariki ya 10 Werugwe hazakora korali y’abashyitsi Holy Nation ndetse na Korali Adonai. Si ibyo gusa kandi hazaba hari n’abagabura ijambo ry’lmana, abavugabutumwa bazwi cyanee nka Ev. Jean Paul ndetse na Ev. Alphonse. Ku cyumweru nabwo iki giterane kizatangira ku isaha ya saa saba z’amanywa kugeza saa kumi nebyiri.

Ni igiterane kizaba cyiza cyane kizahembukiramo benshi. Byaba bibabaje ubaye uri mu mugi wa Kigali by’umwihariko muri Gatsata ukazabura muri iki giterane cy’amateka. Byaba ari ukunyagwa zigahera.

Ni igiterane gifite intego igira iti: "Muyishimire iby’imbaraga yakoze, Muyishime nk’uko bikwiriye gukomera kwayo kwinshi" (Zaburi 150:2).

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.