× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Abakirisitu barenga 100 bafunzwe muri Eritrea kubera ukwemera kwabo

Category: Ministry  »  2 months ago »  Jean D’Amour Habiyakare

Abakirisitu barenga 100 bafunzwe muri Eritrea kubera ukwemera kwabo

Mu gihugu cya Eritrea, abashinzwe umutekano batahutse ku Bakirisitu barenga 130 bari bateraniye mu rugo basenga, babafata nk’abantu bakoze inama itemewe.

Amategeko ya Eritrea yemera gusa amatorero make cyane: itorero rya Ortodox, irya Katolike, irya Luthere, n’a Islamu ya Kisunni. Abandi bose babarirwa mu matorero yigenga, nka ba Evangelical cyangwa Pentecostal, bafatwa nk’abanyabyaha.

Raporo zitangwa na Commission on International Religious Freedom zagaragaje ko Eritrea ikomeje kuba kimwe mu bihugu bihonyora uburenganzira bwo gusenga, aho abantu benshi bafungwa igihe kirekire nta rubanza, bazira gusa imyemerere.

Hari n’Abakirisitu bavuga ko bamaze imyaka irenga 10 bafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko, bamwe bakaguma ahantu h’umuhezo, nta na telephone cyangwa uburenganzira bwo kubona imiryango yabo.

Imiryango mpuzamahanga nka Open Doors na Amnesty International yasabye leta ya Eritrea guhita ireka Abakirisitu, ivuga ko “gusenga atari icyaha, ahubwo ari uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.”

Bavuze ko gufunga abantu bazira ukwemera bigaragaza ko ubwisanzure bwo gutekereza muri icyo gihugu buri mu kaga. Ubutumwa bwabo bwasoje busaba umuryango mpuzamahanga kugira icyo ukora mbere y’uko ibihe biba bibi kurushaho.

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.