× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Tujyane i Kampala kwa Kayanja na Bugembe usogongere uko binjiye mu 2023 (AMAFOTO)

Category: Pictorial  »  January 2023 »  Our Reporter

Tujyane i Kampala kwa Kayanja na Bugembe usogongere uko binjiye mu 2023 (AMAFOTO)

Buri mwaka amatorero yo ku Isi yose akora ibitaramo bikomeye mu gufasha abakristo gusoza umwaka no kwinjira mu mwaka mushya. Abakristo b’i Kampala binjiranye umunezero mwinshi mu 2023.

Muri Uganda nabo ntibatanzwe mu kwinjira mu 2023 bahimbaza Imana yabanye nabo mu 2022. Bari bafite byinshi byo gushima Imana na cyane ko igihugu cyabo ari kimwe mu byahungabanyijwe na Covid-19 ndetse na Ebola ikaba yarababitsemo ubwoba mu 2022, ariko ubu ni amahoro.

Abakristo ba Miracle Centre Cathedral iyoborwa na Pastor Robert Kayanja uri mu bapasiteri bakunzwe cyane mu Karere, ni bamwe mu bagize ibihe by’umunezero mwinshi mu kwinjira mu mwaka mushya nk’uko bigaragara mu mafoto Paradise.rw yabashije kubona. Bitabiriye aya masengesho ku rwego rwo hejuru kuko ikibaya yabereyemo cyari cyuzuye.

Abandi bagaragaye bari mu mashimwe menshi ni abo muri Light the World Ministries ikorera i Nansana muri Kampala, uru rukaba ari urusengero ruyoborwa n’Umupasiteri akaba n’Umuhanzi w’icyamamare, Wilson Mugembe, ukunzwe mu ndirimbo "Wanaaza" yakoranye na Rhoda K.

Pastor Wilson Bugembe yavuze ko 2023 ari umwaka w’ibitangaza. Ati "Umwaka mushya uzaba wuzuye ibitangaza". Yavuze ko abarenga ibihumbi 50 ari bo bitabiriye amacyesha yo kwinjira mu mwaka mushya wa 2023. Pastor Kayanja we yavuze ko umwaka wa 2023 ari uwa Zaburi ya 23, havuga ngo "Uwiteka ni we Mwungeri wanjye sinzakena,....".

Ni mu gihe Apotre Dr. Paul Gitwaza wa Zion Temple ku Isi, we yavuze ko umwaka wa 2023 ari uwo gusimbuza [A Replacement Year]. Yabivugiye muri BK Arena mu gusoza 2022 no kwinjira mu 2023, mu gitaramo cyitabiriwe n’abagera ku bihumbi icumi baturutse imihanda yose mu Rwanda.

Kwa Kayanja byari ku rundi rwego

Ibihumbi n’ibihumbi bari banyotewe no kwinjia mu 2023 baramya Imana

Kwa Bugembe hari abantu ibihumbi n’ibihumbi

Mbere y’uko kwa Bugembe batangira amacyesha
UKO BYARI BIMEZE KWA BUGEMBE

RYOHERWA NA "WANAAZA" YA BUGEMBE FT RHODA K

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.