× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Rev Baho Isaie ari kubaka inyubako y’agatangaza izakoreshwa mu gusengera ububyutse, "ubuzima bwa benshi buzahinduka"

Category: Ministry  »  July 2023 »  Sarah Umutoni

Rev Baho Isaie ari kubaka inyubako y'agatangaza izakoreshwa mu gusengera ububyutse, "ubuzima bwa benshi buzahinduka"

Rev Baho Isaie Uwihirwe, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Ivugabutumwa witwa Baho Global Mission, yagaragaje inzu y’agatangaza yatangiye kubaka izaba irimo icyumba cy’amasengesho, za Office, Isomero n’ibindi.

Mu butumwa yasangije abakunzi be ku rubuga rwa Instagram, Rev Baho Isaie yatangiye asuhuza abakozi b’Imana bose, inshuti ze ndetse n’umuryango we, arangije abaha inkuru ashyushye ajyanye n’imirimo ahugiyemo muri iyi minsi.

Ati "Reka dutere intambwe yo Kwizera dufatanyije mu gihe duhindura igihugu. Nyamuneka dukeneye amasengesho yawe n’inkunga yawe kuri uyu mushinga w’inyubako .... Tuzakoresha iyi nyubako kugira ngo tugere ku baturage bacu mu rukundo rw’Imana kandi tuzane ububyutse muri sosiyete".

Yakomeje avuga ko "Ubuzima bw’abantu benshi buzahinduka, cyane cyane abana, urubyiruko n’imiryango muri rusange". Aragira ati "Tuzatoza abantu kandi twohereze Abavugabutumwa ahantu hose kugira ngo dusangire urukundo rw’Imana no kuzana Ububyutse".

Rev Baho Isaie uzwi mu biterane by’imbaraga by’umuryango A Light to the Nations, byitabirwa b’abantu babarizwa mu bihumbi n’ibihumbi, aho aba ari ku ruhembe rw’ababitegura, avuga ko iyi nyubako yatangiye kubaka izakoreshwa mu gusengera ububyutse.

Rev Baho ukorea umurimo w’Imana muri Agape Evangelistic Pentecost Church, ati "Tuzakoresha iyi nyubako dusenge ububyutse no kuramya no guhimbaza Imana". Yasobanuye ko iyi nyubako izaba ifite Salle, Biro, Icyumba cyo gusengeramo, Isomero, Igikoni n’ibindi".

Yavuze ko hakenewe "amasengesho yawe n’inkunga". Yasabye ko buri umwe wakwifuza kumushyigikira, yamumenyesha uburyo n’igihe inkunga izatangwamo. Yatanze Email ye ariyo: [email protected] anabaha WhatsApp ye ariyo +250788438395.

Yanavuze ko inkunga ishobora kunyuzwa kuri Mpesa, Remit World, Western union, MoneyGram cyangwa cheque. Ati "Imana iguhe umugisha".

Paradise yamenye amakuru avuga ko iyi nyubako iri kubakwa na Rev Isaie, yitwa The Love Centre- Rwanda.

Iyi nyubako niyuzura ni gutya izaba imeze

Rev Baho Isaie asanzwe ari n’umuhanzi

Rev Baho Isaie hamwe n’umufasha we ndetse na Ev. Dr Dana Morey

Rev Baho Isaie hamwe n’umuryango we

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.