Itsinda ry’urubyiruko ryitwa COJESKI-RDC, ryishyize hamwe rigendera ku ngingo yo gukunda igihugu, rirashinja abasirikare ba leta kujya mu rusengero muri Kivu y’Amajyarugutru bakarasa abantu barurimo hagamijwe ubwicanyi kuko abo baziraga ubusa.
Nkuko iryo tsinda ribigaragaza ni uko bamwe mu bishwe babarizwaga mu muryango witwa Wazalendo, akaba ari ijamabo ry’igiswahili risobanura abakunda igihugu, aba bakaba bari baherutse gutegura no gushyira mu bikorwa imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO ishinzwe kugarura umutekano aho iri ariko bikaba bibagaragarira ko ntacyo ikora.
Lucas Pecos, uhagarariye COJESKI –RDC, niwe watangaje byinshi kuri aya makuru y’ububugizi bwa nabi ubwo yagiranaga ikiganira n’ikinyamakuru cya Leta y’Abaturikiya Anadolu Agency.
Bigaragambyaga kuri misiyo ya United Nations yo kugarura amahoro muri Congo, ari bo bitwa MONUSCO ndetse bakanigaragambiza kuba haraje kuba intumwa z’umuryango wa East Africa mu gihugu cyabo.
“13 bapfiriye mu rusengero bakiraswa abandi bapfiriye mu nzira bajyanwa kwa muganga, nkuko mwabyiboneye bitangazwa n’ibinyamakuru bya hano, 75 nabo bahakomerekeye. Aba ntibari bari gutera MONUSCO, ntibyari bikwiye ko bicwa.” Ibi byatangajwe na Lucas Pecos uhagarariye umuryango wa COJESKI-RDC.
Uyu muryango ukaba usaba Guvernoma n’ingabo kwita ku nshingano zabo zirimo n’umutekano w’ abanyagihugu. MONUSCO ni misiyo y’umuryango w’abibumbye ifite gahunda (UN) ifite intego yo kubungabunga umutekano no guturisha igihugu cya RDC Congo.
Yashyizweho n’inama nkuru ya UN muri 2010, yagiyeho isimbuye iyitwaga MONUC. Gahunda yari ihari yari ukurinda umutekano mu gihugu kugira ngo abanyagihugu batekane ariko imikorero y’iyi misiyo ntiyavuzweho rumwe kuko guhera mu gihe yagiyeho yagiye ishinjwa kudakora ibintu nkuko bikwiye.
Umwaka ushize abantu bagera ku 10 baguye mu myigaragambyo yabereye mu Burasirazuba bwa Congo abo barimo na bamwe mu bari baje kubungabunga amahoro. Ibyabaye bindi bisa n’ibi byabaye kuwa mbere aho abantu 14 bapfiriye mu rusengero, ibiro ntangazamakuru Reuters bivuga ko ubwo bwicanyi bwakozwe n’abitwa CODECO akaba ari umutwe witwaje intwaro.
Uyu mutwe wa CODECO witwaje intwaro ukaba ukomeje ibikorwa by’urugomo muri Ituri bihungabanya abahaturiye. Uyu mutwe kandi usanzwe uniyongera ku yindi mitwe yitwaje intwaro ibarizwa n’ubundi muri iki gihugu.