Bibiliya ni gisubizo ku bibazo byose abantu bagira ku ngingo yo gushyingiranwa kw’abahuje igitsina.
Ku itariki ya 26 Kamena 2015, Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwemeje ko abantu bahuje igitsina bemerewe gushyingiranwa. Nyuma yaho, ingingo zo kuri interineti zivuga kuri iyo ngingo zarushijeho kuba nyinshi.
Abantu bakunda kwibaza bati “Bibiliya ivuga iki ku bashakana bahuje igitsina?”
Bibiliya ntivuga mu buryo bweruye niba abahuje igitsina bemerewe gushyingiranwa. Ikindi kibazo cy’ingenzi twakwibaza ni ikigira kiti “Bibiliya ivuga iki ku baryamana bahuje igitsina?”
Nubwo abantu benshi bibwira ko bashobora gusubiza icyo kibazo batiriwe basuzuma icyo Bibiliya ibivugaho, ibisubizo batanga biravuguruzanya. Bamwe bavuga ko Bibiliya iciraho iteka abaryamana bahuje igitsina. Abandi bavuga ko itegeko rya Bibiliya ridusaba ‘gukunda bagenzi bacu,’ rishyigikira abaryamana bahuje igitsina.—Abaroma 13:9.
Icyo Bibiliya ibivugaho
Bibiliya iciraho iteka ibyo kuryamana kw’abahuje igitsina?.
Bibiliya ishyigikira abaryamana bahuje igitsina?.
Bibiliya ishishikariza abantu kwanga abaryamana bahuje igitsina?.
Ibisubizo
Ni byo
Bibiliya igira iti “abagabo baryamana n’abandi bagabo,... ntibazaragwa ubwami bw’Imana” (1 Abakorinto 6:9, 10). Ibyo bireba n’abagore.—Abaroma 1:26.
Si byo
Bibiliya ivuga ko umugabo n’umugore bashakanye ari bo bonyine bemerewe gukorana imibonano mpuzabitsina.—Intangiriro 1:27, 28; Imigani 5:18, 19.
Si byo
Nubwo Bibiliya iciraho iteka ibyo kuryamana kw’abahuje igitsina, ntishyigikira urwikekwe, urwango cyangwa ibindi bikorwa bibi bikorerwa abaryamana bahuje igitsina.—Abaroma 12:18. [1].