× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Bageze mu nkiko: Ni nde wigiza nkana hagati ya Apotre Gitwaza n’aba Bishops bafatanyije gushinga Zion Temple?

Category: Ministry  »  November 2023 »  Alice Uwiduhaye

Bageze mu nkiko: Ni nde wigiza nkana hagati ya Apotre Gitwaza n'aba Bishops bafatanyije gushinga Zion Temple?

Abashumba 6 bari mu bashinze itorero rya Zion Temple barasaba urukiko rwisumbuye rwa Gasabo kwemeza ko Apôtre Paul Gitwaza atakiri umuvugizi kuko bemeza y’uko bamwirukanye.

Abo ni ba Bishops Claude Djessa, Dieudonne Vuningoma, Pierre Kaberuka, Richard Muya, Charles Mudakikwa na Paul Daniel Kukimunu.

Mu kwezi kwa kabiri umwaka ushize nibwo aba bashumba bamenyesheje Gitwaza ko akuwe ku mirimo. Ariko iki cyemezo cyabo kiza kuvuguruzwa n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, RGB, ruvuga ko kinyuranije n’amategeko.

Mu kirego batanze mu rukiko basaba kandi urukiko gusesa iki cyemezo cya RGB gitambamira ikurwaho rya Paul Gitwaza kuko bavuga ko cyashingiye ku nyandiko bo bafata nk’ impimbano.

Ni urubanza rwabaye nta n’umwe mu baregwa uri mu rukiko. Abatanze ikirego nabo ntibagaragaye, ababunganira mu mategeko ku mpande zombi bakaba ari bo bari bahanganye.

Ubwo bari bahawe ijambo, abunganira abaregwa bazamuye inzitizi basaba ko zikurwa mu nzira urubanza rukabona gukomeza.

Bavuze ko abashumba batandatu bari inyuma y’ikirego batabifitiye ububasha kuko umuryango ushingiye ku myemerere Authentic World Ministries/Zion Temple uyoborwa ba Paul Gitwaza kandi akaba atari wo watanze ikirego.

Bavuga ko abashumba bareze bari bakwiye kubikora mu izina ryabo kuko batayoboye umuryango kandi bakaba batari babiherewe uburenganzira na Paul Gitwaza bavuga ko ari we muyobozi wemewe.

Bavuze kandi ko abatanze ikirego batabanje gutakamba ari byo kwiyambaza urwego ruri hejuru rw’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB nk’uko amategeko abiteganya.

Gusa abunganira abatanze ikirego bo bavuga ko RGB ari ikigo cyigenga kitagira urwego rukiri hejuru.

Ku ruhande rwabo, abunganira abatanze ikirego bavuga ko cyatanzwe mu izina rya Authentic World Ministries/Zion Temple kandi ko byakozwe n’ababifitiye ububasha nyuma yo kwirukana Paul Gitwaza wayoboraga umuryango ndetse akaba ari n’umwe mu bawushinze.

Bavuga ko kwirukana Gitwaza bari babifitiye ububasha kuko inama y’abashinze umuryango yemerewe gushyiraho ndetse no gusezerera umuvugizi w’umuryango ari na we muyobozi wawo.

Gusa icyemezo aba bashumba bafashe mu kwa kabiri k’umwaka ushize cyaje guteshwa agaciro n’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruvuga ko byakozwe binyuranyije n’amategeko.

Abatanze ikirego basaba urukiko gutesha agaciro iki cyemezo cya RGB na bo bavuga ko kinyuranyije n’amategeko kandi ko iki kigo cya Leta cyivanze mu miyoborere y’umuryango wigenga.

Abashumba batandatu bitandukanije na Paul Gitwaza bavuga ko icyemezo cya RGB kimushyigikira kirimo inenge.

Bashinja RGB gushingira ku mategeko agenga umuryango yakozwe rwihishwa mu mwaka wa 2019 mu buryo bunyuranije n’amategeko abashinze umuryango bose batabizi.

Aha niho na Pasiteri Jean Bosco Kanyangoga azira mu kirego kuko ashinjwa gufatanya na Paul Gitwaza mu gushyira umukono ku mategeko y’umuryango abandi bawushinze batabizi.

Izi mpaka zigomba kubanza gukurwa mu nzira mbere y’uko urubanza nyirizina rutangira, icyemezo cy’urukiko kikaba gitegerejwe ku wa 34 z’uku kwezi kwa 11.

Umunyarwanda yaravuze ngo "Ababurana ari babiri umwe aba yigiza nkana". Apotre Gitwaza, mu buryo bwemewe n’amategeko niwe muyobozi wa Zion Temple ndetse bizwi n’isi yose ko ariwe wayishinze.

Ariko kandi birashoboka ko watangiza ikintu runaka ufite abandi baguhaye amaboko munafite uko mwavuganye. Kuba iki kibazo cyarananiranye hagati yabo bakaba bageze mu nkiko, reka dutegereze umwanzuro w’ubutabera.

Zion Temple ni rimwe mu matorero mashya ku Isi ariko yahagurukanye imbaraga nyinshi cyane ndetse rikaba rifite abayoboke batari bake barigiyemo bavuye mu yandi madini amenyerewe nka ADEPR, EPR, Inkuru Nziza, EAR n’ahandi.

Uretse mu Rwanda no mu Burundi, iri torero ryari ryaragabye amashami atari make ku mugabane w’u Burayi na Amerika.

Source: BBC

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.