× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Abakristo barasabwa gusengera Israel nyuma y’igitero yagabweho n’umutwe wa Hamas, abarenga 700 bagapfa

Category: Ministry  »  October 2023 »  Alice Uwiduhaye

Abakristo barasabwa gusengera Israel nyuma y'igitero yagabweho n'umutwe wa Hamas, abarenga 700 bagapfa

Abayobozi b’Abakristu bo muri Amerika barasaba amasengesho mu gihe igitero cya Hamas kuri Isiraheli cyahitanye Abisiraheli barenga 1100.

Umuriro udasanzwe wambukiranyije imipaka kuri uyu 8 Ukwakira, ubwo Isiraheli yarwanaga w’umutwe wa Hamas ku ruhande rw’Amajyepfo, ni bwo nyuma y’umunsi umwe abarwanyi bo mu mutwe wa Palesitine bateye umupaka wa Gaza.

Abantu bitwaje imbunda ba Hamas bishe byibuze Abisiraheli 1100, bakomeretsa abarenga 1.800 ndetse bafata bugwate abantu benshi mu gitero gitunguranye, ibyo bikaba ari umunsi wahitanye abantu benshi muri Isiraheli kuva intambara ya Yom Kippur mu myaka 50 ishize yaba.

Mu gihe itsinda ry’ibihugu by’Amerika ryamaganye igitero cy’Abanyapalestine kandi abayobozi b’abakristu barasaba amasengesho.

Muri iki gitero ntagereranywa cyagabwe kuri Isiraheli ititeguye kuri Simchat Torah, ku munsi mukuru ukomeye w’Abayahudi, abarwanyi ba Hamas bo mu karere ka Gaza bagabye ibitero byinshi mu rukerera rwo ku wa Gatandatu, uyu mutwe warashe ibisasu bya roketi ibihumbi.

Robert J. Pacienza, umushumba mukuru w’itorero rya Coral Ridge Presbyterian akaba ari nawe washinze ikigo gishinzwe kwizera n’umuco, yagize ati: "Ibitero bikaze byibasiye Isiraheli. Ibi bintu byakozwe n’iterabwoba kandi bigashyigikirwa na leta y’iterabwoba ya Irani.

Abakirisitu by’umwihariko bakwiye guhangayikishwa n’uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bw’amadini. Dufatiye ku nshingano za Bibiliya z’amahoro n’icyubahiro, n’amahame y’intambara gusa, dufite inshingano zo kuvuga mu izina ry’abo bakorerwa ihohoterwa. "

Byagaragaye ko abayobozi ba Palesitine bavuga ko ibitero by’indege bya Isiraheli byahitanye byibuze abantu 1100 mu karere ka Gaza, abagera ku 2000 barakomereka.

Ku wa Gatandatu, nyuma y’igitero cya Hamas cyibasiye abaturage ba Isiraheli, itsinda ry’imiryango mpuzamahanga ry’abayobozi b’abakristu ryasabye amasengesho y’amahoro n’umutekano bya Isiraheli.

Nyiricyubahiro Johnnie Moore yanditse ku rubuga rwa Twitter ko itsinda rye “rihamagarira byihutirwa gusenga kugira ngo amahoro n’umutekano bya Isiraheli bigaruke.” Yongeyeho ko amatorero yo ku isi yose azaterana mu mpera z’iki cyumweru bahagararanye na Isiraheli kandi bagaha umwanya wo gusengera Isiraheli.

Sacha Roytman Dratwa, umuyobozi mukuru, yamaganye “igitero cy’iterabwoba cyahurijwe hamwe kuri Isiraheli”. Avuga ko “gihungabanya umutimanama.”

Roytman Dratwa yahamagariye "abayobozi ku isi hose kwihutira kwamagana ibikorwa bibi by’imitwe y’iterabwoba ya Palesitine, harimo n’ubwicanyi bwakorewe abagore bo muri Isiraheli ndetse n’abana mu ngo zabo mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu."

Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu Amnesty International wasabye impande zombi kurengera ubuzima bw’abaturage nk’uko bitangazwa na Christian Post. Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, yasabye amasengesho kuko igihugu cye kiri mu bihe by’akaga.

Pastor Robert J. Pacienza, umushumba mukuru w’itorero rya Coral Ridge Presbyterian akaba ari nawe washinze ikigo gishinzwe kwizera n’umuco, yagize ati: "Ibitero bikaze byibasiye Isiraheli bisaba ko Abanyamerika bose basaba byihutirwa gusengera igihugu cya Isiraheli ndetse n’abaturage bo mu karere.

Ibi bintu byakozwe n’iterabwoba kandi bigashyigikirwa na leta y’iterabwoba ya Irani. Demokarasi n’ubwisanzure bw’amahame muri Isiraheli, mu burasirazuba bwo hagati, kandi isi iri mu kaga kubera izo mbaraga.

Ati: “Abakristu by’umwihariko bakwiriye guhangayikishwa n’uburenganzira bwa muntu n’ubwisanzure bw’amadini bugeramiwe kubera iyo mpamvu. Dufatiye ku nshingano za Bibiliya z’amahoro n’icyubahiro, n’amahame y’intambara gusa, dufite inshingano zo kuvuga mu izina ry’abo bakorerwa ihohoterwa. "

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.