× Home Ministries Choirs Pastors Bible Entertainment Development Health Love Fashion Music

Izina, ubwema, igikundiro n’ubunyangamugayo byarakuvunnye kubyubaka, ariko akantu gato gashobora kuguhindura ruvumwa - Eric Shaba

Category: Words of Wisdom  »  September 2023 »  Our Reporter

Izina, ubwema, igikundiro n'ubunyangamugayo byarakuvunnye kubyubaka, ariko akantu gato gashobora kuguhindura ruvumwa - Eric Shaba

Tugiye kubagezaho amagambo y’ubwenge yavuzwe na Eric Shaba uri mu bavuga rikijyana kuri Twitter ndetse wanakoreye ibitangazamakuru birimo IGIHE na RBA.

Ubutumwa bukurikira ni bwo yanditse kuri Twitter tarik 03 Nzeri 2023:

Inzu nziza nini ya kadasitere yubakwa byibura mu kwezi kumwe, ikaba yuzuye neza. Gusa kuyisenya no kuba ibisigazwa byayo byamaze gukurwa mu kibanza bifata umunsi umwe wuzuye neza, ku buryo ugira ngo nta n’icyahigeze.

Izina, ubwema, igikundiro, ubunyamwuga n’ubunyangamugayo uzwiho byarakuvunnye kubyubaka, ndetse bigufata igihe ariko akantu kamwe gusa ushobora gukora mu isegonda rimwe gashobora gutuma byose bibiranduka nk’ibitarigeze kubaho, ugahinduka ruvumwa.

None icyo ugiye kugambirira, gukora, kuvuga cyose, ujye ubanza ugitekereze kabiri, kuko cyaba intandaro ihamye yo guhirima kwawe.

Ngaho baho, icyumweru kikubere umweru!

Tanga igitekerezo kuri iyi nkuru

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.