Mu nkuru dukesha Christian Post - ikinyamakuru cyandika ibiri mu murongo, w’iyobokamana, itangirana ikibazo cyibaza kiti ’Byaba bimeze bite, gusura imijyi, ahantu havuzwe muri Bibiliya’?
Umunyamakuru wa Christian Post, Leonardo Blair, n’abandi banyamakuru bagenzi be basuye ahantu harindwi, hazwi ku bizera, kandi h’ibonekerwa harimo imijyi nka Izmir, Manisa na Denzili.
’’Kubihuza n’ibyanditswe, biratangaje.’’ Blair akomeza agira ati ’’Kuko hari izindi mbaraga bikwongerera, mu rugendo rwo kwizera, kugira ngo ukomera ushikame.’’
Blair ari gutegura urugendo rwe rwa kabiri, aho azibanda ku ngendo z’Intumwa Pawulo. Yagize aho avuga ko izi ngendo zamufashije kwizera mu bundi buryo bushya ko ibyo muri Bibiliya ari ukuri.