Holy Nation Choir ikorera umurimo w’Imana muri ADEPR Paroise ya Gatenga, kuri ubu iri mu mavuta adasanzwe.
Holy nation yateguye igiterane cy’iminsi ine kuva ku wa 16-19 Ugushyingo 2023. Holy Nation ni Korali imaze kwigarurira imitima ya benshi hirya no hino mu gihugu.
Iki giterane cya Holy Nation, gifite intego dusanga muri Nehemiya :2:18 (Mbabwira ukuboko kw’Imana yanjye uburyo kwangiriye neza, mbabwira n’amagambo umwami yambwiye. Baravuga bati “Nimuhaguruke twubake.” Nuko biyungamo bagira imbaraga zo gukora uwo murimo mwiza).
Ni igiterane kirimo abavugabutumwa batandukanye ndetse n’ amakorali anyuranye kikaba kiri kubera kuri ADEPR Gatenga.
Holy Nation ni Korali yamamaye ndetse ifite abaririmbyi b’abahanga kandi bakomeye. Si ibyo gusa kandi ni naho dusangamo umuvugabutumwa umaze komora imitima y’abatari bake kuko yuzuye lmana muri we uwo nta wundi ni Ev.Joselyne.
Iyi korali yamenyekanye ku ndirimbo nyinshi zitandukanye dusangamo "Noneho namenye nezaa", "Ariko Mana we waraturengeye", "Akira" n’izindi.
UHAWE IKAZE MU GITERANE CYA HOLY NATION
Holy Nation iri mu makorali akunzwe cyane mu gihugu
Iki giterane kirasozwa kuri iki cyumweru